Sunday . 22 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Rubavu: Bari gusubira mu matongo ya Sebeya

Friday 12 January 2024
    Yasomwe na


Bamwe mu baturage bo mu murenge wa Rugerero mu karere ka Rubavu, basenyewe n’umugezi wa Sebeya basubiye mu nzu z’ibirangarizwa.

Nyuma yuko abo baturage bibasiwe nibyo biza bajyanywe mu nkambi nyuma bagahabwa amafaranga yo gukodesha amacumbi yaho baba bakinze umusaya ariko nyuma ayo mafaranga bahabwa n’akarere ntibongere kuyabona nkuko babivuga, bamwe bahisemo gusubirayo.

Mutuyimanan Anathalie ni umwe muri bo, atuye mu murenge wa Rugerero, nyuma yo kwibasirwa n’ibi biza ubu basigaranye icyumba cyimwe, ni cyo bihugikamo uko ari 7, we hamwe n’umugabo we n’abana 5.

Yahamirije mamaurwagasabo ko we nta mafaranga yo gukodesha inzu yigeze abona.

Yagize ati: "Muri kubona ahantu mba ukuntu hameze, njyewe nta bufasha nigeze mbona,
nari mfite inzu nini irasenyuka, kuko nta bushobozi nari mfite bwo gukodesha cya cyumba kimwe, ni cyo mbamo".

Yakomeje avuga ko hari abayobozi bahagera kenshi, ngo igisubizo bamuha bakamubwira ngo ni ugutegereza.

Nyirandeze Francoise nawe utuye muri uyu murenge yavuze ko bagarutsemo kuko ngo ubukode bwari bwarangiye.

Ati: "Ubukode bwararangiye mbona ntarabona ubundi bufasha bwo kwishyura, umugabo yarakoraga muri Congo nta byangombwa kugira ngo yambuke".

Nubwo aba baturage bavuze gutya, umuyobozi w’akarere ka Rubavu Mulindwa Prosper yatubwiye ko ubukode bugikomeje

Ati: "Ntabwo tuzi ahubwo ukuntu basubiyemo, abakodesherezwaga ntabwo twigeze duhagarika ubukode bwabo, ndabyemera ko twari twarapanze igihe amasezerano yagombaga kurangirira, ariko ntabwo twababwiye ngo bavemo, ahubwo twari twasabye indi nkunga dusaba n’imirenge ngo babwire abaturage ko ubukode bugikomeje.

Akomeza agira ati: "Ntabwo twari kubahagarika tutabivuganye nabo, ntabwo bishoboka, cyane ko tukirwana n’ikibazo cyo kubona aho batura, ntabwo twatuma umuntu asubura ahantu yavuye, kandi icyatumye ahava kitarakemutse".

Yakomeje avuga ko hari abemerewe kuvugurura inzu zabo.

Ati: "Tugendera ku miterere y’aho hantu, abemerewe gusana, ubwo nabo izo nzobere iryo sesengura ryose ryagaragaje ko nta kibazo hafite, abandi niba hatari hafatwa icyemezo ni babe bategereje, ariko ahafashwe icyemezo ko bavamo, nibavemo ahubwo n’inzu bazisenye nibyo byiza".

Nibura ngo imiryango 942 niyo iri gukodesherezwa na leta binyuze mu karere ka Rubavu, indi miryango yari ifite ubundi bushobozi yagize kwirwanaho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru