Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Rubavu: Ubuyobozi bwaboneye igisubizo Sebeya

Thursday 16 May 2024
    Yasomwe na


Ubuyobozi bw’akarere ka Rubavu, buremeza ko damu yubatswe mu murenge wa Kanama muri kano karere izahangana n’amazi, cyane cyane aturuka ku mugezi wa Sebeye kuba yakongera gusenyera abaturage.

Akarere ka Rubavu ni kamwe mu tujya twibasirwa n’ibiza cyane cyane mu gihe cy’imvura nyinshi, bigatizwa umurindi n’umugezi wa Sebeya uturuka ku icukurwa ry’amabuye y’agaciro mu misozi igakikije. Ibi biza bigira ingaruka kuri bamwe butuye muri kano karere cyangwa se bahakorera ibikorwa bitandukanye.

Mushaka ibisubizo by’iki kibazo hubatswe damu yitezweho gutangira (soma ’gutangiira’) ndetse no kugabanyiriza umuvuduko amazi yiganjemo aya Sebeye kongera gusenyara abaturage .

Niyomurengezi Yosiya, nkumwe mu baturage batuye muri Rubavu, avuga ko abona ngo damu yubatswe ku mugezi wa sebeya ari igisubizo kuri bo.

Mu kiganiro na Mamaurwagasabo yagize ati: "Ikintu iyi damu itumariye nuko ifata amazi ikayagabanya umuvuduko, nkuko byabaga hariya hepfo muri Mahoko, Sebeya ikagenda igasenyera abaturage bamwe na bamwe bakahaburira ubuzima, ubungubu ntabwo bikiba kubera iyi damu ihari igatangira amazi".

Uyu avuga ko mbere yuko iyi damu yubakwa bagiraga ibibazo bitandukanye by’ibiza, nk’inkangu zasenyaga inzu zigatwara n’ubutaka n’ibiriho.

Niyowera Jean Bosco ayobora umudugu iyi damu yubatswemo, nawe abona iyi damu nk’igisubizo kirambye kuri kino kibazo cy’amazi yabatezaga ibibazo.

Ati: "Bakimara kubaka iyi damu ikiraro cyarabonetse, ubwo n’umwuzure waragabanutse, turi kubona hazaba igisubizo kirambye ku baturage batuye muri Mahoko".

Uyu yaboneyeho gusaba abo bireba kureba uburyo amatiyo atwara aya mazi yarindwa, kugira ngo ataziba.

Umuyobozi w’akarere ka Rubavu, Mulindwa Prosper, we abona iyi damu ifite ubushobozi bwo gukereza aya mazi.

Ati: "Nyuma rero y’ibiza byabaye mu mwaka wa shize, iyi damu yaje gutekerezwaho, kugira ngo ijye ikereza amazi igihe amazi abaye menshi cyane, akerererwe muri iyi damu, noneho hakomeze gusohoka amazi asanzwe y’umugezi wa Sebeya".

Uyu muyobozi yakomeje avuga ko ngo iyi damu ifite ubushobozi bwo gukereza amazi abarirwa muri metero kibe miliyoni ebyiri z’amazi, mu gihe ngo andi matiyo yayo yo yaba ari gusohora amazi asanzwe ya Sebeya.

Umugezi wa Sebeya wakunze gusenyera abaturage, unabafatiye runini, nkaho ufite ingomero z’amashanyarazi, ndetse ukanatanga amazi akoreshwa muri kano karere.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru