Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Rubavu: Basanze umurambo w’umusore mu muhanda

Wednesday 19 June 2024
    Yasomwe na


Mu rukerera rwo kuri uyu wa Gatatu, ku itariki 19 Kamena 2024, mu kagari ka Rubona mu murenge wa Nyamyumba, hasanzwe umurambo w’umusore mu muhanda, ugeretseho igare.

Umurambo wuyu musore witwaga Nshimiyimana Jackson, wasanzwe ahantu n’ubundi ngo hasanzwe habera ibikorwa by’urugomo bitandukanye. Ibi byatumye abaturage batwkereza ko n’uyu musore yishwe, nkuko byemezwa n’umuturage witwa Ahimanishakiye Mathias, nawe utuye muri uno murenge.

Yagize ati: "Basanga umurambo uraho gusa n’igare, ntabwo bazi uburyo bamunize. yakomokaga ahongaho mu kagari ka Rubona; basigaye bahategera abantu cyane no kubambura amatelefone".

Twashatse kumenya icyo inzego z’ubuyobozi
zivuga kuri kino kibazo, maze duhamagara kuri telefone gendanwa Umunyamabaga Nshingwabikorwa w’umurenge wa Nyamyumba, Nkurunziza Faustin ngo agire icyo abivugaha, gusa ishuro ebyiri twamuhamagaye ntabwo yabashije kutwitaba.

Gusa nyuma uyu muyobozi yahamirije RADIO TV10, ko ibi ari impano kandi asaba abaturage kugira uruhare mu gucunga umutekano.

Yagize ati: "Nyuma y’uko tuhageze, twaganiriye n’abaturage, tugira ibyo tubasaba, tunabahumuriza. Tubasaba ko buri wese yagira uruhare mu gucunga umutekano, cyane cyane batanga amakuru ku nzego z’ubuyobozi kugira ngo dufatanye gushakisha abagizi ba nabi baba bagize uruhare mu rupfu rw’uyu".

Ku kigendanye nuko, hariya hasanzwe uriya murambo hasanzwe habera ibikorwa by"urugomo, uyu muyobozi ntabwo abyemera, gusa akemeza ko hagiye gushyirwa amatara ku muhanda kugira ngo azafashe inzego z’umutekano mu gihe bwije.

Yanditse na Eulade Mahirwe

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru