Ndayambaje Jean Claude
Rutahizamu wa Real Madrid, Karim Benzema, yasabiwe n’ubushinjacyaha bwo mu Bufaransa igifungo cy’amezi icumi asubitse kubera icyaha akekwaho cyo kugira uruhare mu kwaka amafaranga umukinnyi witwa Mathieu Valbuena bakinanye mu ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa kugira ngo hadashyirwa hanze amashusho yafashwe y’uyu mugabo ari mu gikorwa cy’imibonano mpuzabitsina.
Benzema ni umwe mu bantu 5 bakurikiranywe n’ubutabera bitewe n’amakosa bakoze mu 2015, ndetse byamuviriyemo guhagarikwa mu ikipe y’Igihugu y’Ubufaransa mu gihe kingana n’imyaka itanu n’igice adakandagira mu ikipe y’igihugu.
Uyu mugabo w’imyaka 33 y’amavuko uheruka gutsindira ikipe ye igitego mu mukino wa Champions League uheruka, wahuje Real Madrid na Shakhtar Donetsk yo muri Ukraine. Uyu mukinnyi ntari kugaragara mu rubanza rw’iminsi 3 ruri kubera i Versailles kuva ku wa Gatatu kugira ngo yiregure ku byaha ashinjwa.
Karim Benzema akaba yakomeje kugenda ahakana ibi byaha ashinjwa, avuga ko yageragezaga gufasha Valbuena kuva mu kibazo yarimo, bitari kumutega umutego wo kumwishyuza amafaranga kubera amashusho amugaragaza akora imibonano mpuzabitsina, akomeza gutsimbarara ko nta cyaha yakoze.
Ku gicamusi cyo kuri uyu wa Kane, tariki ya 21 Ukwakira 2021, Umushinjacyaha w’Umufaransa Ségolène Marés wasabye ko Benzema ahabwa igifungo cy’amezi 10 asubitse, yamenyesheje urukiko ko Benzema nta cyiza yakoze nubwo avuga ko yarimo gufasha .
Yagize ati “Karim Benzema ntabwo ari umusamariya mwiza wageragezaga gufasha umuntu. Yabikoze kugira ngo habeho ibiganiro agamije kugera ku ntego yabo kandi kugira ngo abasabe amafaranga bayabone.”
Umushinjacyaha Marés yasabye kandi ko Karim Benzema ukomoka mu Bufaransa acibwa amande angana angana n’ibihumbi 75€ by’amayero. Ku bandi bantu 4 baregwa muri uru rubanza rwa karim Benzema, yasabye ko bahabwa igihano kiri hagati y’amezi 18 n’imyaka 4 gisubitse kugira ngo nabo bakomeze gukurikiranwa n’ubushinjacyaha.
Rutahizamu Benzema yongeye guhamagarwa mu Ikipe y’igihugu y’Ubufaransa mu kwezi kwa Gatanu muri uyu mwaka mbere y’imikino ya EURO 2020, ndetse uyu mukinnyi akaba aherutse gutwara irushanwa rya UEFA Nations League ryasojwe ku wa 10 Ukwakira 2021 ibifashijwemo n’uyu Rutahizamu ukomeye cyane .
Umukinnyi Valbuena bivugwa ko yatswe amafaranga ngo adashyirwa ku ka rubanda amashusho y’ubusambanyi we ntagihamagarwa mu ikipe y’igihugu y’Ubufaransa kuva mu 2015 kuva iki kibazo cyabaho .
Mu buhamya bwa Valbuena uvuga ko atazi neza ahazaza he mu mupira w’amaguru, yavuze ko ibyamubayeho byatumye yumva afite ubwoba kandi ahangayitse cyane yibaza uburyo azongera kuka umunyabigwi.
Ati “Nari mbizi ko niba amashusho agiye hanze ibintu byashoboraga kuba bibi kuri njye mu ikipe y’igihugu y’u Bufaransa kandi ni ko byagenze nta kundi .”
Undi mugabo uri mu bashinjwa gucura uyu umugambi wo kwambura amafaranga , ni Mustapha Zouaoui, wasabye imbabazi kuri kuri iki cyaha ubwo yari imbere y’urukiko kuri uyu wa Kane tariki ya 21 Ukwakira 2021.
Kuri ubu hategerejwe umwanzuro w’urukiko uza gutangazwa kuri uyu wa Gatanu tariki ya 22 Ukwakira 2021.






















