Abakunzi ba shampiona y’icyiciro cya mbere mu Rwanda (Rwanda Primier League) n’ab’umupira w’amaguru muri Rusange iyi weekend bararyoherwa cyane aho shampiona iza Gukomeza hakinwa umunsi wa 11.
Uyu munsi kuwa Gatandatu ikipe ya Gorilla Fc iraba yakiriye APR FC saa 15:00, ni umukino urabera kuri Kigali Pele stadium(KPS) si uyu mukino gusa Kandi kuko Musanze FC iherutse gutsindwa na Rayon Sports mu mukino w’umunsi wa 10 iraba yakiriye Etincelles kuri stade Ubworoherane mu yindi mikino iraba uyu munsi mu karere ka Muhanga ikipe ya AS Muhanga iraba yakiriye AS Kigali iyi mikino yose iraba saa 15:00.
ku Cyumweru imikino izakomeza aho ikipe ya Bugesera FC izakira Rayon Sports kuri Stade ya Bugesera ni mu gihe Mukura izakira Gicumbi naho Marine FC izaba yakiriye Kiyovu Sports iyi mikino yose ikazaba saa cyenda (15:00h) z’amanywa.
Kuri ubu ikipe ya Police FC niyo iyoboye urutonde rwa shampiyona n’amanota 26 igakurikirwa na APR FC n’amanota 19. Kugeza ubu amakipe ya AS Kigali na Entincelles nizo zanyuma aho AS Kigali ifite amanota 9 naho Entincelles ifite amanota 7 gusa.






















