Umuyobozi wa Polisi yo mu gihugu cya Tanzania mu Mujyi wa Dar es salaam, Lazaro Mambo Sasa, yatanaje ko guhera ubu kizira kikaziririzwa ko hagira ukora siporo cyangwa se indi myiyerekano iyo ari yo yose mu minsi yo gusenga kuko bibangamira cyangwa bikazitira abajya gusenga bigakurizamo gutuma bakererwa.
Mambo Sasa yavuze ko iminsi yo gusenga igiye kujya iziririzwa muri Dar Es Salaam ari ku wa Gatanu Abayisilamu basengaho, ku wa Gatandatu Abadivantisiti basengaho no ku wa mungu cyangwa se ku Cyumweru amadini ya Gikirisitu asengaho.
Muri iyo minsi uko ari itatu, umuturage uzafatirwa mu bikorwa bya siporo cyangwa indi myidagaduro mu mihanda yo mu mujyi wa Dar Es Salaam azahura n’imbaraga za Polisi akanirwe urumukwiye nk’uwishe andi mategeko ayo ari yo yose muri icyo gihugu.

















