Ibiro bikuru by’Igisirikare cy’Uburundi cbasohoye itangazo risubiza iryasohowe n’igisirikare cy’u Rwanda RDF ko kuri uyu wa mbere inyeshyamba za FLN zateye u Rwanda ziturutse mu Gihugu cy’Uburundi.
Mu itangazo ibiro bikuru by’Igisirikare cy’Uburundi kivugirwa na Colonel Biyereke Floribert, ryasohotse kuri uyu wa kabiri, riravuga ko nabo bumvise iby’ayo makuru yaciye ku mbuga nkoranyambaga ko haba hari inkozi z’ibibi zaguye mu mutego w’igisirikare cy’u Rwanda mu masaha yo mu ijoro ryo ku wa 23 Gicurasi 2021 zinjira mu Rwanda.
Igisirikare cy’u Burundi cyavuze ko ku butaka bwabo nta mutwe w’izo nkozi z’ibibi uhari zifite umugambi w’ikibi ku Rwanda.
Icyagaragaye nk’uko amafoto y’ibikoresho bya gisirikare abo barwanyi b’umutwe wa FLN bari bafite ubwo bageragezaga kwnjira mu Rwanda ni uko bari bafite n’ibikoresho byaguzwe n’u Burundi kandi babiri barashwe na RDF bari bambaye imyenda y’igisirikare cy’u Burundi.

















