Thursday . 19 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

"BORDER Tsar" Tom Homan niwe wagizwe umuyobozi w’ibikorwa bya Leta muri Minnesota

Tuesday 27 January 2026
    Yasomwe na

Umuyobozi mukuru mu bijyanye n’abinjira n’abasohoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika arateganya kuva mu mujyi wa Minneapolis, ibintu bishobora kugaragaza impinduka mu mvugo n’imyitwarire ya White House nyuma y’iraswa ryahitanye undi Munyamerika ryakozwe n’abashinzwe umutekano mu mpera z’icyumweru.

Mu gihe Gregory Bovino, umuyobozi mukuru w’abashinzwe kurinda imipaka, n’abandi bakozi bashinzwe abinjira n’abasohoka barimo kuva muri uwo mujyi, Tom Homan, uzwi nka “border tsar”, ni we ugiye kuyobora ibikorwa bya leta biri muri leta ya Minnesota. Ibi bibaye nyuma y’iyicwa rya Alex Pretti ku wa Gatandatu, ryazamuye umwuka mubi n’ubwumvikane buke mu baturage.

Icyemezo cya Perezida Donald Trump gishobora kugaragaza ko ubutegetsi bwe bushaka kugabanya cyangwa guhindura imikorere ikakaye bwari bwarafashe mu kurwanya abimukira ku rwego rw’igihugu.

Nubwo hatangajwe izi mpinduka mu buyobozi, amakuru akurikirana ibikorwa kuri interineti agaragaza ko ibikorwa byo gufata abimukira bikomeje.

Bovino ni we wari isura n’umuvugizi mukuru w’iki gikorwa, cyane cyane igihe Alex Pretti — wari uri gufata amashusho y’abakozi ba leta — yinjiye mu makimbirane yarangiye arashwe inshuro nyinshi.

Nyuma y’ibi byabaye, Bovino yemeje ko Pretti yari agamije “kwica abakozi ba leta benshi,” amagambo yakomeje gutera impaka zikomeye.

Ishami rishinzwe umutekano w’imbere mu gihugu (DHS) rivuga ko abo bakozi barashe mu rwego rwo kwirwanaho, rivuga ko Pretti yari afite imbunda nto (handgun) kandi yanze kuyishyikiriza igihe bageragezaga kuyimwambura.

Ariko abatangabuhamya, abayobozi bo mu gace byabereyemo, ndetse n’umuryango wa nyakwigendera, barabihakana. Bavuga ko Pretti yari afite telefoni mu ntoki, atari intwaro. Ababyeyi be bashinje ubutegetsi gukwirakwiza “ibinyoma biteye isesemi” ku byabaye.

Bovino yabaye umuntu w’ingenzi mu gushyira mu bikorwa politiki ikaze ya Trump yo kurwanya abimukira mu mijyi itandukanye. Yamenyekanye cyane ku mbuga nkoranyambaga aho yajyaga ashyira amashusho y’ibikorwa byo gufata abimukira, agaragaza ibyo we n’abakozi be bakora.

Ku rundi ruhande, Tom Homan, azajya atanga raporo ye kuri Perezida, na we ashyigikiye politiki ikaze ku bijyanye n’abinjira n’abasohoka. Gusa afite n’ubunararibonye, kuko yigeze gukora mu bikorwa byo kwimura no kwirukana abimukira mu gihe cya Perezida Barack Obama wo mu ishyaka ry’Abademokarate.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru