Thursday . 19 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Urufaya rw’amasasu rwumvikanye ku rugo rwa Kabila

Wednesday 31 July 2024
    Yasomwe na

Urufaya rw’amasasu rwumvikanye mu masaha ya mbere ya saa sita z’ijoro, ku rugo rwo Joseph Kabila wabaye Perezida wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo ruherereye muri Komini ya Gombe.

Ni amasasu yumvikanye kuri uyu wa Gatatu tariki 31 Nyakanga 2024, mu gace ka Uvira muri Komini ya Gombo.

Umujyanama w’Umugore w Joseph Kabila, Adam Shemishi ushinzwe itumanaho yavuze ko abarasaga bashakaga kwinjira aho Kabila ari.

Yagize ati: “Agatsiko ka La force du progress kashakaga kwinjira ku ngufu ubwo Madamu w’uwahoze ari Perezida, Olive Lembe Kabila yari ahari, ni cyo cyatumye humvikana amasasu muri Gombe."

Iri tsinda ryitwaje intwaro, ni iry’urubyiruko rushamikiye ku ishyaka rya UPDS riri ku butegetsi muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, riyobowe na Perezida Tshisekedi.

Uwabonye iki gikorwa kiba, yavuze ko aga gatsiko kari kagizwe n’urubyiruko rwanyuze ahatuye Colonel Tshashi.

Yagize ati “Nari ndi ku Munyamabanga Mukuru wa ESU, mbona itsinda ry’urubyiruko runyura ku rugo rwa kwa Tshatshi rwerecyeza kuri Fleuve Congo Hôtel.”

Aka gatsiko, ni kamwe mu gahangayikishije, kakaba karagaragaye kitwaje intwaro gakondo nk’imihoro n’inkoni mu guhangana n’abari mu myigaragambyo y’abatavura rumwe n’ubutegetsi yabaye tariki 20 Gicurasi 2023.

Kuva Tshisekedi yagera ku butegetsi ntiyoroheye uwo yasimbuye, Joseph Kabila

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru