Umwanditsi
Urwego rw’Igihugu rushinzwe Intwari z’Igihugu, Imidari n’Impeta by’Ishimwe, CHENO rutangaza ko ibikorwa by’umuntu bishobora gutuma ahabwa ishimwe ry’Igihugu ariko bikarenha bikamugira Intwari y’igihugu.
Bisobanurwa n’Umushakashatsi muri uru rwego, Rwaka Nicolas, uvuga ko kugira ngo ibyo umuntu yakoze bimugire intwari y’igihugu bisaba ubushakashatsi bwimbitse kandi bisaba igihe kidahubukiwe.
Agira ati: "Reka mfate urugero, ushobora guhabwa impeta y’ishimwe wenda nk’urugero mu guhagarika Jenoside, ariko bikaza kugaragara yuko ashobora kuba koko ibikorwa yakomeje gukora byiza byamujyana no mu rwego rw’Intwali, akarenga guhabwa impeta y’ishimwe noneho akagirwa n’Intwari y’Igihugu."
Uhabwa impeta y’ishimwe ni uwakoze ibikorwa by’Indashyikirwa bifitiye abantu akamaro, bikwiye kuba urugero rwiza abantu bahora bafatiraho.
Intwali yo ni uwakoze ibikorwa by’Indashyikirwa, by’Akataraboneka kandi byagiriye benshi akamaro, akenshi rimwe na rimwe bakaba bahara n’Ubuzima bwabo.
Kugeza ubu kugira Intwari y’igihugu nta kindi kimenyetso bijyana mu gihe uhawe impeta y’ishimwe agira ikimenyetso kibiherekeza asigira n’umuzungura we mu gihe atakiriho kigakomeza kubungabungwa yagikoresha ibinyuranye kigasubizwa urwego CHENO rwagitanze.
Abana b’i Nyange























