Amakuru yatangajwe na Minisiteri y’Ubuzima kuri uyu mugoroba wo ku wa Gatandatu, tariki ya 13 Gashyantare 2021, yagaragaje ko umubare w’abanduye coronavirusi wongeye kugabanuka, ndetse mu bipimo byafashwe mu turere 30 tw’igihugu bigaragaza ko utugera kuri 12 nta wanduye coronavirusi.
Hari hashize igihe kitari gito imibare itangazwa na Minisiteri y’Ubuzima igaragaza ko buri karere kabonekagamo abanduye coronavirusi kimwe n’abahitanwa nayo.
Imibare yasohotse muri aka kanya yagaragajemo uturere turimo Musanze, Rulindo, Gisagara, n’utundi twagaragaje ko ari zeru banduye ndetse tubiri ari two Rubavu na Gicumbi tubonekamo umwe umwe.
Indi mibare ishimishije ni uko abakize bageze kuri 540 mu gihe nta wahitanwe na Covid-19.
Abanduye nabo ni 67, umubare muto ugereranyije n’uko iminsi ishize babaga babarirwa mu ijana rirenga.
Abarembye nabo bagabanutseho babiri, bagera kuri 14.
Ntawashidikanya kubisanisha n’umusaruro wa Gahunda zirimo Guma mu Rugo na Guma mu Karere zimaze ibyumweru birenga bitatu zifashwe mu gihugu mu rwego rwo kurushaho guhangana n’ikwirakwira rya Corona ryari rimaze gufata indi ntera mu Rwanda.

















