Ngirabatware Augustin wahoze ari Minisitiri mu Rwanda akaza gukatirwa igifungo cy’imyaka 30 ahamijwe uruhare yagize muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 yoherejwe gufungirwa muri Senegal aho azarangiriza igifungo cye cya kabiri.
ku wa Gatatu umucamanza Carmel Agius yemeje iyoherezwa rya Ngirabatware muri Senegal aho agiye kurangiriza igihano cy’igifungo cy’imyaka ibiri yakatiwe nyuma yo guhamwa n’icyaha cy’agasuzuguro.
Ngirabatware mu kwezi kwa Nyakanga 2021, yakatiwe indi myaka ibiri yiyongera kuri 30 yari yarakatiwe nyuma y’aho Urwego Mpuzamahanga Rwashyiriweho Gukora Imirimo y’Insigarira y’Inkiko Mpanabyaha (IRMCT) rumuhamije icyaha cyo gusuzugura urukiko hamwe na Nzabonimpa Anselme, Ndagijimana Jean de Dieu na Fatuma Marie Rose.
Televiziyo TV5Monde cyanditse ko kuri uyu wa Gatatu, ni bwo IRMCT yatangaje ko Ngirabatware azasoreza imyaka ye y’igifungo mu Gihugu cya Senegal nk’uko byari byasabwe n’Umucamanza Carmel Agius, mu rwego rwo kongerera imbaraga igihano yahawe nyuma yo kumuburanisha mu rundi rubanza rujyanye n’agasuzuguro.
Ngirabatware yafatiwe i Frankfurt mu Budage ku wa 17 Nzeri 2007, ashinjwa uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi, yoherezwa mu rukiko mpuzamahanga mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR) i Arusha ku wa 8 Ukwakira 2008.
Ngirabatware ufite impamyabumenyi y’ikirenga mu by’ubukungu yakuye mu Busuwisi, yabaye Minsitiri w’Imari n’Igenamigambi kuva mu 1990 kugeza mu 1994.

















