Vice Perezida w’ikipe ya Rutsiro fc, Uwamahoro Thaddee yashimangiye ko Rutsiro fc izahatana muri uyu mwaka w’imikino wa 2024-25 kuva ku mukino wa mbere kugeza kuwa nyuma.
Yabitangaje nyuma gato y’umukino wa gicuti wabahuje n’ikipe ya Musanze fc banganyijemo igitego 1-1.
Ni umukino wabereye kuri stade Ubworoherane mu karere ka Musanze, kuri uyu wa kane tariki ya 8 Kanama 2024 mu rwego rwo kwitegura shampiyona y’icyiciro cya mbere igomba gutangira tariki ya 15 Kanama 2024, aho amakipe yose akomeje imyiteguro.
Mu kiganiro yagiranye n’ikinyamakuru mamaurwagasabo.rw, vice Perezida wa Rutsiro fc yagize ati: "Ikipe ya Rutsiro fc iratanga icyizere cyane kubera ko twagerageje kubaka ikipe; twiteguye kuzahatana kuva ku mukino wa mbere kugeza kuwa nyuma, ubu dufite gahunda yo kujya dukina imikino yacu yose nka final."
Ku kijyanye n’abavuga ko iyi kipe ya Rutsiro fc yasinyishije abakinnyi bakuze, Uwamahoro yagize ati: "Shampiyona ikinwa n’abagabo, ntabwo ikinwa n’abana, kandi burya muri reality (ukuri) y’umupira tureba ibikorwa biri mu kibuga, hari abakinnyi abantu bumva igihe kirekire bakina bakumva ko bashaje; uyu Tresor kapiteni mwabonye umupira mwiza yakinnye, afite 26. Wenda uwo navuga mukuru ni Kawunga ariko nawe yakinnye neza, icyo nsezeranya abantu nuko ikipe yacu izahatana kandi izitwara neza."
Yakomeje yihanganisha abafana bo mu karere ka Rutsiro kubera ko ikipe itazahakinira imikino ya shampiyona kuri stade ya Mukebera, bitewe no kutagira ikibuga cyiza. Aho yavuze ko bagitegereje isezerano Ferwafa yabahaye, ryo kububakira ikibuga cyiza kijyanye n’igihe.
Ikipe ya Rutsiro fc yafunguye amazamu ku munota wa 45’+2 aho Mumbele yonassi yatsinze igitego cya mbere, igitego cya Musanze fc cyaje kwishyurwa n Mathaba Lithabo ku munota wa 74’, uyu wari umukino wa kabiri wa Gicuti amakipe yombi yarimo akina kubera ko umukino wa mbere wabereye mu karere ka Rubavu urangira Rutsiro fc ifite igitego 1-0.
Ku ruhande rw’umutoza Gatara Musa yijeje abafana n’abakunzi ba Rutsiro fc ko bagomba kuzajya baza gushyigikira ikipe yabo, ikindi ngo yiteguye guhatana kandi ngo nta rwitwazo azagira rwo kuba atarimo gukinira i Mukebera, aho yatanze urugero ko hari n’andi makipe arimo As Kigali, Police fc akina nta bafana kandi yitwara neza.
Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

























