Ku mugoroba wo ku wa Kane Inzego zishinzwe abinjira n’abasohoka zakiriye abandi Banyarwanda 26 boherejwe na Uganda, bari bafungiyeyo mu buryo bunyuranyije n’amategeko, batangaza ko bakorerwaga ihohoterwa.
Mu bahagejejwe banyuze ku mupaka wa Kagitumba uhuza u rwanda na Uganda, harimo abagabo 20 abagore bane n’abana babiri barimo uw’imyaka ibiri.
Bakihagera bapimwe COVID-19 maze 18 bayisanganywe bajyanwa kuvurirwa mu bitaro bya Ngarama, abandi bajyanwa mu kato ahahoze IPRC Nyagatare.
Kuva uyu mwaka wa 2021 watangira, ku Mupaka wa Kagitumba hamaze kugezwa Abanyarwanda inshuro zirindwi, nyuma y’igihe bafungiye muri Uganda. Muri bo kandi haba harimo abagore, abagabo n’abana bakiri mu mashuri.
Abakiriwe n’u Rwanda muri izo nshuro barenga 70 barimo n’abana bigaga mu mashuri yisumbuye cyo kimwe n’abagore batandukanyijwe n’abagabo babo bakaza kongera guhurira ku mupaka bose bari bafunzwe nta n’umwe uz’iby’undi.


















