Mutungirehe Samuel
Abakora umwuga w’uburezi (abarimu) batangiye gukingirwa icyorezo cya coronavirusi, nk’abari mu kiciro gifite ibyago byo kwandura byihuse kurusha abandi.
Igikorwa nyamukuru cyo gukingira abarimu cyatangirijwe mu Mujyi wa Kigali, ahahuriye abakora mu burezi bo mu bigo bitandukanye byo muri Kigali byaba ibya Leta n’iby’abikorera n’abo muri Minisiteri y’uburezi.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye Twagirayezu Gaspar amaze gutangiza icyo gikorwa, yatangaje ko igikorwa kizageza ku cyumweru.
Ati "Abarimu bari mu bakozi b’imbere, bakomeje gukora kuko akazi k’uburezi karakomeje kandi ubungubu abarimu bari gusabwa kwigisha bagasabwa nanone kwirinda coronavirusi ariko nanone bakakirinda abandi banyeshuri, ubu turishimira ko babonye uburyo abarimu bakomeza akazi kabo neza."
Ku ikubitiro, byari biteganyijwe ko kuri site ya Kigali Arena ahafunguriwe iki gikorwa hakingirwa abarimu barenga 1 800.
Biteganyijwe ko abarimu bo mu ntara nabo bazagenda bagerwaho na gahunda yo gukingirwa uko igihugu kigenda kibona izindi nkingo.

















