Yanditswe na Imfurayabo Pierre Romeo
Ikipe y’igihugu y’Uburundi yabonye itike iyinjiza muri gice cya nyuma cy’amakipe yaserukiye ibihugu mu irushanwa rya CAN 2019 nyuma ikipe inganirije igitego kimwe n’ikipe y’igihugu ya Gabon.
Nibwo bwa mbere Uburundi bugeze kuri iyo ntambwe mu mateka w’umupira w’amaguru.
Cedric Hamisi niwe yatangiye kwinjiza igitego ku munota wa 76 ku mupira mwiza cyane yari ahawe na Abdul Radzak uvuye ku ruhande rw’iburyo.
Icyo gitego kinjiye hasigaye iminota mike ngo umupira urangire cyatanze icyizere ko imiryango itangiye gufungukira Uburundi buje muri icyo gice cya nyuma giteganyijwe kuva kuwa 15 z’ukwa gatandatu kugeza ku wa 13 Nyakanga uyu mwaka mu gihugu cya Misiri.
Ariko Gabon yasatiriye bikomeye, bituma ku munota wa 82 umukinnyi w’inyuma w’Uburundi, Omar Ngando, yitsinda igitego cyatumye aya makipe yombi anganya kimwe ku kindi.
Gusa Gabon imaze kubona ko inganije n’intamba mu rugamba z’uburundi, ikipe y’igihugu ya Gabon yakomeje kotsa igitutu ikipe y’igihugu y’uburundi ngo byibura irebe ko yabona igitego cya 2 cyayifasha kwigaranzura uburundi ariko birangira Intamba mu Rugamba nazo zibabereye ibamba.
Pierre-Emerick Aubameyang ukinira ikipe ya Arsenal mu Bwongereza na bagenzibe, byanze rwose ko babasha kumena urukuta rw’Intamba mu Rugamba, biza kurangira igitego ari 1-1 bityo Uburundi buhita bubona itike izabwerekeza mu misiri.
Uburundi bukaba bugeze mu mikino ya nyuma bubashije gutsinda ibihugu nka Kenya na Uganda mu karere k’Umuryango wa Afrika y’Uburasirazuba gusa nabyo byabonye aya matike.
Nibwo bwa mbere igihugu cy’Uburundi giteye iyo ntambwe nubwo hari amakipe menshi yo mu Burundi yagiye akora amateka mu mupira w’amaguru ariko ntiyari yarigeze abigeraho
Muri ayo makipe ni nka Vital’o FC aho mu mwaka wa 1992 wageze mu gice cya nyuma (Finale) mw’irushanwa ry’igikombe cy’amakipe yabaye aya mbere iwayo, ariko bakaza gutsindwa n’ikipe ya Africa Sport d’Abidjan yo muri Cote d’ivoire (1-1 na 0-4).
Mu mwaka wa 1995, ikipe nserukiragihugu y’urubyiruko (Juniors) yageze mu gice cya nyuma cy’irushanwa ry’amakipe nserukirabihugu y’urubyiruko muri Africa, aho Uburundi bwatsinzwe na Kameruni ibitego bine ku busa mu mukino wa nyuma.
Inkuru ya BBC

















