Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

DRC: Abana 11 bokejwe na lisansi

Thursday 1 December 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na NIMUGIRE Fidelia

Abana 11 bo mu mihanda ya Kinshasa bazwi nka "Shegués" batwikishijwe lisansi, ubu barimo kwitabwaho n’abaganga, bavurwa ibikomere.

Byabaye mu rukerera rwo ku wa 30 Ugushyingo 2022, aho bikekwa ko byagizwemo uruhare n’itsinda ry’abana bahanganye.

Ni abana bivugwa ko bararaga kuri stade ya Bandalungwa.

Burugumesitiri w’ako gace, Baylon Gaibene, yabwiye Radio Okapi ko “ahagana saa kumi n’imwe z’urukerera, abana batabana n’imiryango yabo barara hanze, buriye urukuta rya stade ya Komini, bagizwe n’abahungu icumi n’umukobwa umwe.”

Yakomeje ati “Baryamye. Nk’uko mubizi, abana batabana n’imiryango yabo baba mu matsinda. Akandi gatsiko karara mu igaraje kazanye lisansi kamena ku bari baryamye muri stade. Batwitse abo 11 bari bahari.”

Igihe dukesha iyi nkuru kivuga ko kugeza ubu, nta muntu byemejwe ko yapfuye, ahubwo bakomeretse.

Bahise bajyanwa ku Bitaro bikuru bya Kinshasa kugira ngo bitabweho.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru