Yanditswe na Nimugire Fidelia
Uwahoze ari Perezida wa 45 wa Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Donald Trump, arateganya kongera kwiyamamariza kuyobora iki gihugu.
Trump ubwe yaciye amarenga ko mu 2024 yifuza kongera guhatanira kuyobora Amerika.
Yari mu Mujyi wa Iowa, aho yabwiye abamushyigikiye ati: “Ubu rero kugira ngo igihugu cyacu cyongere gitekane kandi gikomere, ahari nzongera mbikore.”
Yakomeje agira ati “Mwitegura, ni ibyo nababwira, vuba aha cyane, mwitegure.”
Umwe mu bajyanama be wanze ko amazina ye atangazwa, yahamirije Reuteurs ko Trump aziyamamaza mu 2024, nk’uko IGIHE dukesha iyi nkuru kibitangaza.
Ati “Ndatekereza ko ashaka kwiyamamaza kandi kubitangaza mbere ya Thanksgiving ( ku wa 24 Ugushyingo) bimuha amahirwe akomeye imbere y’abo bahanganye, kandi ibyo nawe arabizi."
Kugarika kwa Donald Trump ku butegetsi bishobora gukoma mu nkokora imwe mu mishinga mpuzamahanga yari yarongeye kugarurwa na Amerika nyuma yuko yayikuyeho ubwo yageraga ku butegetsi.




















