Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Gen. Kabarebe na Ibingira mu bashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru

Wednesday 30 August 2023
    Yasomwe na


Perezida wa Repubulika, Paul Kagame akaba n’Umugaba Mukuru w’Ikirenga w’Ingabo z’u Rwanda, yashyize mu kiruhuko cy’izabukuru ba Jenerali 11 barimo Gen James Kabarebe, Gen Fred Ibingira.

Nkuko bigaragara mu itangazo rishyizwe hanze na (RDF ) ku mugoroba wo kuri uyu wa Gatatu, tariki ya 30 Kanama 2023, hatangajwe ko abasirikari bafite ipeti rya General 12 barimo na Gen James Kabarebe wari Umujyanama wihariye wa Perezida wa Repubulika mu by’Umutekano bagiye mu kiruhuko cy’izabukuru.

Iri tangazo rije rikurikira andi mavugurura yaraye akozwe aho bamwe mu bandi basirikari baraye bahawe indi mirimo mishya mu gisirikari cy’u Rwanda mu gihe abandi nabo bazamuwe mu mapeti.

Mu bahawe imirimo mishya barimo Major General Emmanuel Ruvusha wahawe inshingano zo kuyobora (1 Division COMDR) na Major General Eugenie Nkubito (3 Division COMDR).

Iri tangazo kandi rivugamo ko hashyizwe mu kiruhuko cy’izabukuru abandi ba Ofisiye 83 bakuru, abandi 6 bato kuri bo, abasirikare bato 86 n’abandi 678 barangije amasezerano. Biyongeraho abandi 160 bafite ibibazo by’ubuzima.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru