Kuri uyu wa 15 Kamena 2021 nibwo Madamu Iryamugwiza Yvonne Idamange uregwa ibyaha birimo guteza imvururu cyangwa imidugararo muri rubanda, gutesha agaciro inzibutso za Jenoside hashyinguye imibiri yabazize Jenoside yakorewe abatutsi 1994 n’ibindi yari kuburana.
Amakuru ava ku rukiko aravuga ko Mme Idamange yanze kwinjira mu cyumba cy’iburanisha cya Gereza ya Mageragere afunguyemo ngo aburanire ku ikoranabuhanga (Video Conference), ni mu gihe ariko abunganira Idamange bandikiye Urukiko basaba ko urubanza rwabera ku ikoranabuhanga cyangwa iburanisha rigasubikwa.
Urukiko ruri Nyanza rwavugishije Idamange avuga ko atitabira iburanisha kuko ashaka ko urubanza rugomba kubera i Kigali imbona nkubone aho kubera ku ikoranabuhanga.
Mu rukiko abacamanza batangiye babaza umwunganizi wa Idamange niba baraje kwemeranwa kuburana ku ikoranabuhanga cyangwa kuzanwa mu cyumba cy’iburanisha, avuga ko we n’umukiliya we bameranyije ko bazakoresha ikoranabuhanga n’ubwo Idamange mu iburanisha riheruka yari yagaragaje ko yifuza kuza imbere y’inteko iburanisha.
Gusa Idamange we nyuma y’uko avuze ko agiye koga no kwitegura ngo yitabe Inteko Iburanisha mu buryo bw’ikoranabuhanga inteko iburanisha yamutegereje iramuheba yongera gusubika urubanza.
Urukiko rwahise rufata umwanzuro wo gusubika uru rubanza, rwanzura ko ruzakomeza ku wa 22 Kamena 2021 saa 8h30.















