Saturday . 21 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Ingingo zihejeje Prince Kid ku minsi 30 y’agateganyo

Friday 3 June 2022
    Yasomwe na

Yanditswe na Mutungirehe Samuel

cy’iminsi 30 y’agateganyo Ishimwe Diedonne, uzwi nka Prince Kid, yakatiwe mu rukiko rw’Ibanze rwa Kicukiro kugira ngo akomeze gukurikiranwa ku byaha ashinjwa.

Uyu musore w’imyaka 34 ni umuyobozi w’Ikigo gitegura amarushanwa ya Nyampinga w’u Rwanda kuva mu myaka 8 ishize, yarenzwe na Miss Muheto Divine Nshuti ibyaha bitatu birimo guhoza undi ku nkeke bifitanye isano n’imibonano mpuzabiitsina, ari na kimwe mu bitumye umucamanza amugumisha mu gihome kuko asanga amajwi, inyandiko n’ubutumwa bagiranye bishobora kubamo icyaha.

Indi ngingo umucamanza yahereyeho yemeza icyo urukiko rw’ibanze rwamukatiye, ni uko nubwo yatanze ingwate yimukanwa n’itumukanwa, ariko mu bushishozi bwe yasanze aramutse arekuye Ishimwe Diedonne ashobora kugera hanze akaba yabangamira umutekano w’abatangabuhamya, cyane ko hari Miss Iradukunda Elsa urimo gukurikiranwa n’ubushinjacyaha ku cyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano nubwo yarekuwe ariko akigikurikiranwaho.

Umucamanza yanzuye ko Ishimwe Diedonne akomeza gufungwa iminsi 30 y’agateganyo kugira ngo hazakomeza gushakishwa ibimenyetso ku rubanza rwe bitagize icyo bihungabanyije ku migendekere y’urubanza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru