Mutungirehe Samuel
Mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki ya 4 Werurwe 2021 nibwo i Kigali mu cyanya cyahariwe inganda kiri i Masoro habereye igikorwa cyo gushyikiriza inkingo za COVID-19 abayobozi b’ibitaro by’intara n’iby’uturere no mu Mujyi wa Kigali mu Rwanda, nyuma yuko zimaze umunsi umwe zihawe u Rwanda.
Nyumanyo gushyikirizwa inkingo za covid-19, abayobozi b’ibitaro basabwe guhita bakingira abantu bari mu byiciro byatehanyijwe barimo abakora mu nzego z’ubuvuzi, abaahinzwe umutekano n’abandi bafite indwara zidakira zituma umubiri ugira ubudahangarwa buke ugereranyije n’udaite izo ndwara.
Biteganyijwe ko ikiciro cya mbere kizarangira gukingira ku wa gatandatu, mu rwegocrwo kugir ngo zitamara iminsi myinshi zikaba zkangirika.
Mu karere ka Huye ho zahageze zije mu ndege bazisanga ku kibuga k’indege cya Ngoma, bityo abayobozi b’ibitaro biri mu turere dutatu ari two Huye, Gisagara na Nyaruguru bakaba ari ho bazisanga.
Mu karere ka Rubavu naho bazibonye zije mu ndege zigera ku kibuga k’indege cya Rubavu kugira ngo zitangire kugezwa mu bitaro ku gihe.
U Rwanda rubaye kimwe mu bihugu bike byo ku mugabane w:Afurika bihawe inkingo z COVID-19 muri gahunda y’Umuryango w’Abibumbye yo kugeza inkingo ku bihugu bikennye n’ibiri mu nzira y’amajyambere COVAX.

















