Abaturage batuye mu murenge wa Nasho barataka ikibazo cy’ubuharike bavuga ko cyamaze kuba nk’umuco muri uyu murenge.
Aba baturage bavuga ko ubu byamaze kwemerwa nk’umuco aho usanga buri mugabo afite undi bacuditse abazwi nka [Shushu B]nyuma y’uwo babyaranye ufatwa nka A. Anite Mukeshimana ni umwe mu babyeyi twaganuriye nawe, avuga ko iki kibazo bamaze kukimenyera ati "ubu buri mugabo afite Shushu B ahubwo biba ikibazo iyo umugore wa mbere atabyumvise ngo yiyakire niho usanga abana batangiye guhura n’ikibazo.
Ndikumana Emmanuel nawe ati "nge ubwange mudugudu yanwariye umugore amujyana i Kayonza yanwaye ibintu byange byose ansigira abana".
Umuyobozi w’akarere wungirije ushinzwe imibereho mwiza madamu Mukandayisenga Janviere avuga ko ibyerekeye iki kibazo bakimenye ndetse bakaba baratangiye kwigisha umuryango muri gahunda ya Tugire umuryango mwiza.
Ikibazo cy’ubuharike gikunze guteza amakimbirane mu miryango ibiri gutuma imibare yagatanya yiyongera dore ko mu mwaka yagize abatse gatanya bageraga ku 2674
Ubuyobozi bw’akarere ka Kirehe buvuga ko bwatangiye kwigisha umuryango irangwamo amakimbirane mu rwego rwo guhangana n’iki kibazo.























