Umunyamabanga wa Leta zunze ubumwe z’Amerika ushinzwe ububanyi n’amahanga, Marc Rubio yahuye na Minisitiri w’intebe wa Israel , Benjamin Netanyahu i Yerusalemu, mu buryo bugamije kurebera hamwe ingaruka ziriho nyuma y’igitero kuri Qatar.
Iki gitero Israel ivuga ko icyo gitero cyari kigamije abayobozi bakuru ba Hamas bari muri Qatar ikaba umwe mu bafatanyabikorwa b’imena ba Leta y’amerika, iki gitero kikaba cyaramaganywe n’umuryango mpuzamahanga ndetse na Perezida Trump yaracyamaganye.
Rubio yabwiye Itangazamakuru ko Amerika koko itanyuzwe n’igitero cya israel ndetse ko Perezida Trump nawe atanejejwe n’iki gitero ariko ko Amerika yifuza kureba ikizakurikira nyuma y’iki gitero.
Uku guhura kwa Rubio na Netanyahu kubaye mugihe n’ibihugu by’abarabu byateranye ngo byereke Qatar ko biyishyigikiye, Minisitiri w’Intebe wa Qatar yasabye umuryango mpuzamahanga guhana Israel bakareba kwigira ba ntibindeba.
Ibihugu byo mu kigobe cy’abaperisi kibarizwamo ibirindiro byinshi by’ingabo z’Abanyamerika, ndetse byagiye binagira uruhare rukomeye mu gufasha guhagarika imirwano imaze guhitana ibihumbi by’abantu muri Gaza mu kugerageza guhuza Hamas na Israel.
Ku cyumweru Netanyahu yabwiye abanyamakuru ko umubano wa Israel n’Amerika ukomeye nkuko ibuye ryo ku rukuta rw’iburengerazuba rw’urukuta rw’iburengerazuba, mu gihe Marc Rubio yasuye ahantu hatagatifu i Yeruzalemu.
Ikindi gitenganyijwe mu biganiro ni umugambi wa Israel wo kwigarurira umujyi wa Gaza ndetse n’umugambi wo gukomeza kubaka inzu ku butaka mu gace ka Cisjordanie.
Iyi nama inabaye mu gihe hateganyijwe inteko rusange y’umuryango w’abibumbye aho bamwe mu bafatanyabikorwa bakomeye barimo Ubufaransa, Canada,Australia ndetse n’ububiligi biteganyijwe ko bazemera ukubaho kwa Leta ya Palestine.























