Saturday . 18 April 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 10 April » Michigan yiyongereye kuzindi leta zibuka Jenoside yakorewe Abatutsi – read more
  • 1 April » Perezida w’u Burundi yaragije Imana igihugu cye nyuma y’uko ububiko bw’intwaro z’igisirikare cy’u Burundi bufashwe n’inkongi y’umuriro – read more
  • 31 March » Spain yafunze ikirere cyayo ku ndege z’intambara z’Amerika – read more
  • 31 March » Gakenke: Bakusanyije Miliyoni zisaga 200 zo kurengera abatishoboye – read more
  • 26 March » Perezida Kagame :Iterambere ry’amadini n’amatorero n’Igihugu gitera imbere – read more

Nta biciro by’ingendo bizazamurwa, abatwara abagenzi bagiye guhabwa ingoboka ya Leta

Tuesday 15 December 2020
    Yasomwe na

MUTUNGIREHE SAMUEL

Mu gihe abaturage bamwe na bamwe bibazaga niba ibiciro by’imodoka bitagiye kongera kuzamurwa mu rwego rwo gufasha abatanga serivisi zo gutwara abagenzi mu buryo bwa rusange, Ikigo Ngenguzamikorere RURA cyatangaje ko nta gahunda ihari yo kuzamura ibiciro ahubwo abafite imodoka zitwara abagenzi bagiye guhabwa ingoboka bemerewe na Leta nyuma yo kuvugurura ibiciro biheruka.

Kuri uyu wa kabiri tariki ya 15 Ukuboza 2020, Umuyobozi ushinzwe ubwikorezi mu Rwego Ngenzuramikorere RURA, Antony Kuramba yabwiye igitangazamakuru cya Leta ko nubwo uburyo bwo gutwara abagenzi mu modoka rusange bwavuguruwe ariko ibiciro bitazavugururwa, ashimangira ko nuzabihindura azaba anyuranyije n’amategeko.

Ati “Ibiciro biraguma uko byari biri, nta kiri buhinduke; gutwara 50% by’abagenzi imodoka itwara birumvikana ko ari igihombo ku batwara abagenzi ariko inkuru nziza ni uko Leta yacu yatanze inyunganizi kugira ngo igihimbo bahura nacyo kubera kugabanya abagenzi bazunganirwa kugira ngo cyoye kobahombya, kandi tubivuge tunabisubiremo nta kuzamura ibiciro.

Kirazira nta kuzamura ibiciro igiciro kiriho, tubisubiremo ni gisanzwe.”

Urwego RURA ruvuga ko kuva tariki ya mbere Mutarama 2021 ari bwo ba nyir’imodoka zitwara abagenzi mu buryo bwa rusange bazatangira guhabwa ingoboka, ishobora kuzaba wenda ari amafaranga cyangwa esanse.

Uretse kandi gutwara abagenzi hubahirizwa ingamba zo kwirinda icyorezo cyo COVID-19 zirimo no gutwara 50% by’abagenzi mu modoka rusange, Inama y’Abaminisitiri yemeje ko amasaha y’ingendo azajya arangira kuva saa tatu za nijoro kugeza saa kumi z’igitondo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru