Thursday . 19 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Nyabihu: Barashyira mu majwi abashumba kubabuza umudendezo

Tuesday 3 December 2024
    Yasomwe na

Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Mukamira, Akarere ka Nyabihu baravuga ko barembejwe n’abajura, bagashyira mu majwi abashumba ko aribo bahengera bwije bakitwaza imihoro n’inkoni bakabambura utwabo.

Aba baturage babitangarije umunyamakuru wa mamaurwagasabo TV ubwo yagerega muri uyu murenge wa Mukamira mu kagari ka Rugeshi.

Mutabazi Theoneste yagize ati: "Bumara kugoroba umuntu yaba arimo kugenda akumva bamufashe, bakamwambura amafaranga na telefone, hari umugabo baherutse gutangira saa 8h00’ bamukubita inkoni mu mutwe , icyo dusaba nuko bahashya ibi bisambo bitujogoroje."

Undi muturage witwa Habiyakare Celestin, yagize ati: "Baranyambuye ndimo gutaha kandi n’abashumba bahenga bwije bakitwaza imihoro n’inkoni ziminzeze bakadukubita, Icyo dusaba inzego z’ubuyobozi kudutabara izi nsoresore zituzengereje."

Abaturage kandi bakomeza bavuga ko basigaye bibwa n’amatungo. Ikibazo bavuga ko kibateye impungenge zikomeye ndetse ngo ni ibisambo bimwe bifashwe babifunga igihe gito bakagaruka bakongera kubazengereza.

Umuyobozi w’Akarere ka Nyabihu wungirije ushinzwe imibereho myiza y’abaturage Simpenzwe Pascal yavuze ko iminsi y’umujura ari 40, cyakoze yasabye abaturage gufata iya mbere mu kwicungira umutekano bakaza amarondo.

Ati: "Iki ni ikibazo gikomeye, gusa icyo navuga nuko buri wese yagira uruhare mu kwicungira umutekano. Ikindi iminsi y’umujura ni mirongo 40; tugiye gukaza ingamba kugira ngo abo bajura banze gukora bakararikira ibyo batakoreye babashe guhashywa. Ubwo tumenye iki kibazo tugiye kugikurikirana."

Uyu muyobozi yakomeje asaba abaturage nabo gufata iya mbere mu kwicungira umutekano, bakaza amarondo, ngo kubera ko kubona Ingabo na Polisi bazungurruka mu midugudu hose bitakunda.

Yanditswe na Jean Claude Ndayambaje

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru