Ubuyobozi bw’akarere ka Nyagatare ku bufatanye n’urubyiruko kuwa Gatandatu w’icyumweru gushize batunganyije umuhanda uhuza akagari ka Nyendo na Gasinga.
Abaturiye umuhanda wa Gasinga-Nyendo barishimira umuhanda wasanywe kuwa Gatandatu, ubwo bari mu muganda wihariye wakozwe n’urubyiruko ku rwego rw’igihugu.
Uwitwa Kagaba Frank agira ati ‘’Uyu muhanda wari ubangamye cyane cyane mu gihe cy’imvura wasangaga huzuye amazi y’ibiziba bityo bigatuma usanga birabuza imigenderanire’’.
Bavuga ko kuba uyu muhanda wakozwe bizatuma imihahiranire hagati y’utu duce izoroha.
Uwitwa Mukamana Epiphanie yagize ati ‘’uyu muhanda kuba utunganyijwe bigiye kudufasha korosha ingendo kuko mbere byatugoraga, mbese ubu tugiye kujya tugeza umusaruro wacu ku isoko nta nkomyi’’.
Umuyobozi w’akarere ka Nyagatare Gasana Stephen, agaruka ku gukorwa ku uyu muhanda yagize ati ‘’uyu muhanda ugiye gufasha abaturage kujya babasha kugeza umusaruro wabo ku isoko biboroheye’’.
Uyu muyobozi kandi yaboneyeho gusaba abaturiye uyu muhanda kurushaho kwikorera umuganda mu rwego rwo kuwubungabunga.
Umuhanda wasanwe uhuza utugari tubiri ukaba ukoreshwa cyane n’abaturage batuye mu murenge wa Rwempasha aho bakunze kuwifashisha batwara umusaruro wabo ku isoko.























