Ni abakora ubuhinzi bw’umuceri mu gishanga cya Rwangingo giherereye mu murenge wa Karangazi mu karere ka Nyagatare twasanze bageze mu gihe cy’isarura maze bavuga ko nubwo bejeje ariko ari hamana kubera gutegereza amazi y’imvura kubera ko iki gishanga kitatunganyijwe.
Uwitwa Sekamana Manase ni umuhinzi uhinga muri iki gishanga yagize ati ’’ Dufite ikibazo cy’iki gishanga kuko ntamazi kigira bitewe n’uko kidatunganyijwe, turagenda tugahinga twamara guhinga umuceri wagera aho ukeneye amazi agahita abura umuceri ugapfa bikadutera igihombo’’.
Aba baturage bavuga ko iki gishanga kuba cyitaratunganyijwe bitera igihombo bityo ko inzego bireba zabafasha iki gishanga kigatunganywa.
Muhire Alias yagize ati ’’ Ni igihombo nonese ko ubona utahinga mu gihe ntamvura kubera ukuntu humye, nyine turasaba ko badufasha kikabona amazi’’.
Umuyobozi w’agateganyo w’akarere ka Nyagatare Kakooza Henry ku muronko wa terefone yamaze impungenge aba baturage ko vuba aha iki gishanga kiza kuba cyatunganyijwe.
Yagize ati :
’’Turimo gukora za Canal barimo kubaka amadamu rero bihangane ndatekereza mu kwezi kwa karindwi bizaba byarangiye’’.
Iki gishanga gisanzwe gifite amazi yacyo ibyo bituma ntakindi gihingwa cyahahingwa usibye umuceri wonyine.
HAKIZIMANA Fiston























