Yanditswe na Mutungirehe Samuel
Pasiteri Ekuma Uche Philips wo muri Benin yabiciye arabicikiriza ku mbuga nkoranyambuga, akwirakwiza amafoto yise aya Malayika, ko yafashwe na Camera zo mu rusengero mu kiswe Croisade muri icyo gihugu.
Ku rubuga rwa Facebook Dynastie Jonsaïque, Pasiteri Ekuma yanditse avuga ko abonye ibitangaza inshuro ebyiri aho malayika yabasuye batabizi.
Yagize ati "Mu by’ukuri ni igitangaza kikubye kabiri kuba Umumalayika yafashwe amafoto na za Camera mu gihe cy’intambara ntagatifu zacu (Croixade) zabaye tariki ya 31 Ukuboza (2021) saa sita zibura 13’.
Nari ntarabona igitangaza kimeze gutya kuva navuka."
Yakomeje agira ati "Ni Imana rwose, wakoze Yesu! "
Muri izo foto yakwirakwije ku rubuga rwa Facebook, zigaragara ari igihu cy’umweru kimeze nk’umuntu wafotowe ari ku muvuduko uhambaye ntubone isura ariko hasi ukabona ko yambaye inkweto nazo z’umweru.
Pasiteri yongeyeho ati "Sinahwema gukomeza kureba inkweto zo mu ijuru zambawe na malayika."





















