Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Pastor Ndayizeye yabawe kuzahura ADEPR mu mwaka umwe

Thursday 8 October 2020
    Yasomwe na

Urwego rw’igihugu rw’Imiyoborere RGB rwatangaje komite y’abantu batanu bayobowe na Pastor Ndayizeye Isaii nk’umuyobozi wa komite y’inzibacyuho akaba anahagarariye umuryango wa ADPER mu rwego rw’amategeko.

Ni nyuma y’uko uru rwego rwafashe ikemezo cyo gukuraho inzego zose z’ubuyobozi z’umuryango ushingiye ku myemerere wa ADEPR rukanakura mu nshingano abari abayobozi mu nzego nkuru kubera ko batabashije kubahiriza inshingano ziteganywa n’amategeko.

Mu itangazo RGB yashyize ahagaragara none tariki ya 8 Ukwakira 2020, yashyizeho komite iyobora ADEPR mu gihe cy’inzubacyuho igizwe n’abantu batanu barimo Pastor Rutagarama Eugene wungirije Pastor Ndayizeye, Pastor Budigiri Herman nk’umuyobozi Nshyingwabikorwa muri ADEPR.

Iyi komite kandi riimo Madamu Umuhoza Aulerie nk’umuyobozi ushinzwe umutungo, imari n’imishinga, hamwe na Madamu Gatesi Vestin nk’umuyobozi ushinzwe abakozi n’ubutegetsi muri ADEPR.

Iyi komite guhera uno munsi yahawe inshingano enye zirimo kuvugurura imiyoborere, amategeko, inzego z’imiyoborere n’inzego z’imirimo ndetse n’imikorere n’imikoranire muri ADEPR.

Gushyiraho uburyo buhamye kandi butanga umuti urambye wo kubaka ADEPR, gukoresha igenzura ry’imikorere, abakizi n’umutungo by’itorero kugira ngo rifashe muri ayo mavugurura.

Hari kandi n’inshingano yo kwemeza no gushyira mu bikorwa amavugurura muri ADEPR.

Umuryango wa ADEPR wari usanzwe ufite umuvugizi Re. Pastor Karuranga ari afatanyije n’abandi bose banenzwe ubushobozi buke mu gukemura ibibazo bimaze iminsi bivugwa muri uwo muryango.

MUTUNGIREHE SAMUEL

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru