Perezida wa Centrafrique, Faustin-Archange Touadéra, yatangiye uruzinduko rw’iminsi ine mu Rwanda rushimangira umubano umaze gushinga imizi hagati y’igihugu cye n’u Rwanda.
Ku isaha ishyira Sava sita ni bwo Touadera yageze ku Kibuga mpuzamahanga cya Kanombe yakirwa na Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane Dr. Biruta Vincent n’abandi banyacyubahiro.
Biteganyijwe ko uyu munsi abonana na Perezida Kagame bakagirana ibiganiro nyuma bakaganira n’itangazamakuru kuri byinshi bihatse umubano uri hagati y’ibihugu byombi.
U Rwanda rufite ingabo muri Central Africa aho ziri mu nshingano zo kurinda umukuru w’igihugu no kugarura umutekano utameze neza muri icyo gihugu.





















