Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

RIB yataye muri yombi Idamange akurikiranyweho guteza imvururu n’imidugararo

Monday 15 February 2021
    Yasomwe na

Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha RIB rwatangaje ko rwamaze guta muri yombi Idamange Iryamugwiza Yvonne akurikiranwaho guteza imvururu n’imidugararo muri rubanda.

Uyu Idamange yari umaze iminsi agaragara ku mbuga nkoranyambaga avuga amagambo benshi bamaganiraga kure, yimvikanamo gusebya no kunenga ubufasha yahawe n’Ikigega FARG gifasha abanyeshuri batishoboye barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Ni umugore w’umunyarwandakazi ndetse abavandimwe be bamwe bari bamaze iminsi nabo batangaje ko bitandukanyije nawe mu byo avuga.

Umuvugizi wa RIB, Dr. Murangira Thierry yabwiye Radio y’Igihugu ko afungiye i Remera mu gihe agikusanywa ibimenyetso by’icyo azakurikiranwaho.

Ntiyasobanuye uburyo yakozemo ibyaha bituma akurikiranwa ndetse nta makuru menshi yatangaje kuri iryo tabwa muri yombi rye ku mpamvu z’iperereza.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru