Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha, RIB, rwatagaje ko rwataye muri yombi Mutangana Jean Bosco wigeze kuba Umushinjacyaha Mukuru w’u Rwanda, akurikiranyweho icyaha cyo gukoresha inyandiko mpimbano.
Amakuru y’itabwa muri yombi rya Mutangana wari usigaye ari umwunganizi mu mategeko (Avoka) yamenyekanye kuri uyu wa gatatu rariki ya 28 Ukwakira 2020 ariko yatawe muri yombi taliki 26 Ukwakira 2020, dosiye ye ubu itegerejwe gushyikirizwa ubushinjacyaha akitaba inkiko.
RIB yavuze ko akimara gutabwa muri yombi yacumbikiwe kuri sitasiye ya Polisi i Remera mu karere ka Gasabo, nk’uko Umuvugizi wa RIB Dr Murangira B. Thierry yabitanagrije Igihe.
Icyaha uyu Mutangana akurikiranyweho giteganywa n’ingingo ya 276 y’itegeko riteganya ibyaha n’ibihano muri rusange. Igena ko aramutse abihamijwe n’urukiko, yahanishwa igifungo kitari munsi y’imyaka itanu ariko kitarengeje imyaka irindwi n’ihazabu y’amafaranga atari munsi ya miliyoni eshatu ariko atarenze miliyoni eshanu.
Mutangana yabaye Umushinjacyaha Mukuru uhereye mu 2016 asimburwa mu Gushyingo umwaka ushize wa 2019.
Urwego RIB kugeza ubu ntiruratangaza ubwoko bw’inyandiko mpimbano uyu Mutangana akurukiranyweho kwigana n’icyo yari agamije kuzikoresha.




















