Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

RwandAir yahagaritse ingendo zijya Dubai zivuye mu byerekezo bine by’Afurika

Saturday 25 December 2021
    Yasomwe na

Sosiyete y’u Rwanda ikora Ubwikorezi bwo mu Ndege (RwandAir) yatangaje ko ibaye ihagaritse gutwara abagenzi bajya Dubai baturuka muri Kenya, Tanzania, Ethiopia na Nigeria kubera ingamba zo guhangana na Covid-19.

Ni nyuma y’uko Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu zikumiriye abagenzi baturuka muri ibyo bihugu kubera ingamba zo guhangana n’ubwoko bushya bwa Covid-19 buzwi nka Omicron. Ni umwanzuro uzatangira kubahirizwa guhera kuri uyu wa Gatandatu tariki 25 Ukuboza 2021.

Itangazo rya RwandAir rigira riti “Ku bw’iyo mpamvu, RwandAir ntabwo izemera gutwara abagenzi bavuye muri ibyo bihugu bagana i Dubai guhera tariki 25 Ukuboza 2021 kugeza hatanzwe andi mabwiriza.”

RwandAir yasabye abagenzi bagizweho ingaruka guhitamo kongera guhindura urugendo bakagenda ikindi gihe cyangwa se bagasaba gusubizwa amafaranga yabo.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru