Tuesday . 2 June 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 25 May » Rubavu: Abazahembwa muri Rubavu Music Awards and Talent Detection bamaze gutoranywa – read more
  • 12 May » Rwanda: Hazatangwa ibikombe 2 muri Shampiyona – read more
  • 9 May » Rubavu: Itorero EAR ryateguye igikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 – read more
  • 27 April » Rubavu: Rubavu Music Awards and Talent Detection igiye kongera kuba bwa kabiri – read more
  • 27 April » RDC: Hashyizweho umutwe ushinzwe kurinda ibirombe – read more

Rwanda: Abarenga 5000 barengeje igihe cyo gufata doze ya Kabiri y’urukingo rwa Pfizer

Tuesday 20 April 2021
    Yasomwe na

Nyuma yo guhabwa urukingo rwa Mbere rwa Pfizer rwo kwirinda kwandura COVID-19, Ikigo k’igihugu cy’Ubuzima RBC cyatangaje ko hari umubare utari muto, urenga abantu ibihumbi bitanu(5000) bamaze kurenza igihe cyo gufata doze ya Kabiri y’urukingo rwa rwa Pfizer.

Nkuko byahenwe n’Ikigo cyakoze urwo rukingo, uhawe doze ya mbere ategereza iminsi iri hagati ya 21 na 28 ngo ahabwe doze ya kabiri ishimangira ubwirinze bw’umubiri kuri virusi ya Corona.

Kuri uyu Kabiri tariki ya 20 Mata 2021,Umuyobozi Mukuru w’Ikigo cy’Ubuzim RBC yatangaje ko mu bahawe urwo rukingo abagera uri 85% ari bo bagarutse bafata urwa Kabiri.

Yakomeje avuga ko ku wahawe urwa mbere iyo adaashe urwa Kabiri bisa nko gucikiriza amashuri.

Ati "Urukingo ubundi ni nk’igisa n’uburwayi, bigatoza rero umubiri kwirwanaho hakiri kare.

Iyo umuntu afashe urukingo rwa mbere rero uwo ni umwitozo wa mbere uba utanuzuye, haba hakenewe umwitozo wa kabiri. Byaba bisa rero no gucikiriza amashuri, byaba bisa no gufata ibintu bituzuye, ntabwo urukingo ruba ruzamutse ngo rugere u gipimo cyarwo kuko urukingo rwa Pfizer iyo ufashe doze ebyiri uka zakabaye birazamuka bikakurinda kurwara, kuremba no kuba wahitanwa na COVID-19 ku gipimo cya 95%.

Dr. Nsanzimana yakomeje asobanura ko iyo utazujuje ayo mahirwe aba akiri hasi ku buryo na rwa rukingo rwa mbere uba uruciye intege.

Abenshi mu bagerageje kugaruka ngo bahabwe dose ya kabiri, babwiye RBC ko impamvu zo gutinda zabaye iz’akazi, abatari hafi y’aho bafatira indi doze n’izindi mpamvu.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru