Bola Ahmed Tinubu yatsindiye kuba Perezida wa Nigeria ahigitse bagenzi be bari bahanganiye gusimbura Perezida Muhammadu Buhari wari usoje Manda ze ebyiri.
Amajwi y’agateganyo yabaruwe kuri uyu wa kabiri tariki ya 28 Gashyantare 2023, agaragaza ko uyu musaza w’imyaka 70 wahoze ari guverineri wa Leta ya Lagos ari we watsinze amatora.
Tinubu watsinze amatora ava mu ishyaka riri ku butegetsi
Nubwo Komisiyo y’amatora yatangaje uwatsinze amatora, amashyaka atavuga rumwe na Leta yari ahagarariwe n’abakandida bayo ari bo Peter Obi na Atiku Abubakar batangaje ko batemera ibyavuye mu matora, basaba ko amajwi yabarwa na perezida mushya wa komiaiyo y’amatora kuko uriho batamufiriye icyizere.
Mu nama yabaye ikigoroba kuwa kabiri, amajwi y’abatavuga rumwe na leta yumvikanagamo ko habaye ibibazo by’ikoranabuhanga ku munsi wo gufungura amatora, guhohotera no gutera ubwoba kimwe no guhimba imibare y’ibyavuye mu matora.
Perezida mushya wa Nigeria Tinubu n’umugore we Oluremi Tinubu




















