Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

Trump yashyizeho imisoro ya 50% ku bicuruzwa by’Ubuhinde – Modi asaba abahinde kwigira

Wednesday 27 August 2025
    Yasomwe na

Leta Zunze Ubumwe za Amerika zatangiye gushyira mu bikorwa icyemezo cya Perezida Donald Trump cyo gushyiraho imisoro mishya ya 50% ku bicuruzwa byinshi bituruka mu Buhinde, ahanini kubera ko icyo gihugu gikomeje kugura petroli y’u Burusiya mu gihe Washington ikomeje gushyira igitutu ku bantu bose bafasha ubukungu bwa leta ya Moscow

Ibi byatumye habaho impaka zikomeye hagati ya New Delhi na Washington, ndetse bigaragara nk’igihombo gikomeye ku nganda z’Abahinde zikomeye ku isoko rya Amerika. Abasesenguzi bavuga ko iyi misoro ishobora kugira ingaruka cyane ku bicuruzwa nk’imyenda, inkweto, imitako y’amabuye y’agaciro, ibiribwa n’ibindi byinshi.


Narendra Modi yasabye abahinde kwitoza kwigira aho kurangarira abanyamerika.

Nk’uko byatangajwe n’ibiro ntaramakuru by’abanyamerika AP News, ibicuruzwa bifite agaciro karenga miliyari 48 z’amadolari byoherezwa n’Ubuhinde muri Amerika bishobora guhita bihura n’igihombo gikomeye, bigatera n’ingaruka ku mirimo y’abakozi benshi muri urwo rwego.

Minisitiri w’Intebe wa India, Narendra Modi, yahise asaba abaturage be gukomeza gushyigikira ibikorerwa mu gihugu imbere, mu rwego rwo kwirinda ingaruka z’iyi misoro. Yibukije ko gahunda ye yo “Atmanirbhar Bharat” (mu Kinyarwanda: Ubuhinde Bwirwanyeho) igamije guteza imbere ubukungu bw’imbere mu gihugu, bugashyira imbere “Made in India” kuruta ibindi.
Mu ijambo rye, Modi yagize ati:
“Ntitugomba kugira ubwoba. Ubuhinde buzarwana ku burenganzira bwabwo, kandi buzakomeza guteza imbere kwigenga mu bukungu.”


Ibicuruzwa birimo imyenda idoderwa mu Buhinde ni bimwe mu bigiye guhenda muri USA.

Yongeyeho ko guverinoma izafasha abahinzi n’abikorera bato, ndetse igashyiraho inyunganizi z’imisoro kugira ngo ubukungu budacika intege.
Ubusumbane mu mubano wa Washington na New Delhi
Ibi bihano byafashwe nk’ikimenyetso cy’uko umubano w’ibi bihugu byombi ukomeje kuzamo agatotsi.

Nk’uko byatangajwe na The Times, Trump yashyizeho iyi misoro mu rwego rwo gukumira amafaranga yinjira mu Burusiya kubera intambara muri Ukraine.
Ubuhinde bwo buvuga ko kugura ibikomoka kuri petroli by’Uburusiya ari ingenzi ku bukungu bwabo, kuko bibafasha kugumana ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli ku rwego rwo hasi imbere mu gihugu.


Ibiciro bishya ku bicuruzwa biva mu Buhinde byatangiye gusoreshwa 50% uyu munsi.

Abasesenguzi bavuga ko ibi bishobora gutuma Ubuhinde bukomeza kwegera andi masoko nka China, Afurika, n’u Burayi, ndetse bigasiga Amerika mu mwanya w’ubucuruzi udakomeye nk’uko byahoze.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru