By Imfurayabo Pierre
Umukinnyi wo hagati mu kibuga, Twizeyimana Martin Fabrice, wakiniraga Kiyovu Sports yasinyiye Police FC amasezerano y’imyaka ibiri.
Twizeyimana yari amaze iminsi ari mu biganiro na bamwe mu bamaze kugirwa abayobozi bashya ba Rayon Sports, aho byavugwaga ko bashakaga kumutangaho miliyoni 11 Frw.
Kiyovu Sports yari amazemo amezi atandatu, na yo iri mu makipe yamuganirije muri iyi minsi ishize, yifuza ko yakongera amasezerano.
Ku mugoroba wo kuri uyu wa Mbere tariki ya 25 Gicurasi, Twizeyimana Martin Fabrice, yasinyiye Police FC amasezerano y’imyaka ibiri azatangirana n’umwaka w’imikino wa 2019/20.
Yerekeje mu Ikipe y’Abashinzwe Umutekano asanzemo Iradukunda Eric ‘Radu’ wakiniraga Rayon Sports, we wasinye ku wa Gatanu w’icyumweru gishize.
Twizeyimana Martin Fabrice yamenyekanye akinira Kiyovu Sports mbere yo kugurwa na APR FC mu mwaka w’imikino wa 2017/18.
Nyuma y’umwaka umwe akinira Ikipe y’Ingabo, Twizeyimana yarasezerewe kubera imyitwarire itari myiza. Muri Mutarama 2019, yasinyiye AS Kigali umwaka umwe.




















