Ubwami bw’Ubwongereza bwatangaje ko ibihugu by’u Rwanda, u Burundi na Leta zunze ubumwe z’Abarabu (U.A.E) byongerewe ku rutonde rutukura ruriho ibihugu bitemerewe gukorera ingendo muri kiriya gihugu mu rwego rwo gukumira ikwirakwira rya Virusi nshya ya Covid-19 yandura vuba.
Virusi nshya ya corona yagaragaye bwa mbere muri Afurika y’Epfo muri uku kwezi kwa mbere, ikwirakwira byihuse no mu Bwongereza, ikaba imaze no kugera mu bihugu bimwe na bimwe by’Afurika.
Ubu kwinjira mu Bwongereza birabujijwe ku bagenzi bava muri Leta zunze ubumwe z’Abarabu (UAE), mu Rwanda no mu Burundi guhera ku wa Gatanu tariki 29 Mutarama 29 saa 13h00.
Gusa ku baturage bakomoka mu Bwongereza, muri Irlande cyangwa bakomoka mu bindi bihugu ariko bemerewe kuba mu Bwongereza bo bemerewe kujyayo.
Itangazo ryasohowe n’Ubwongereza rivuga ko kuva saa kumi za mu gitondo ku wa Gatanu abari bugere mu gihugu bose baraciye mu bihugu byavuzwe birimo n’u Rwanda mu minsi 10, mbere yo kugera mu Bwongereza bagomba kujya mu kato, kandi ngo ntibemerewe kwipimisha kugira ngo bakavemo.
Ubwongereza buvuga ko icyemezo cyafashwe mu rwego rwo gukaza ingamba nyuma y’ibimenyetso bivuga ko Virusi idasanzwe yagaragaye muri Africa y’Epfo ishobora kuba yarageze n’ahandi henshi.
Umugenzi uvuye muri ibyo bihugu byakumiriwe akagera mu Bwongereza atubahirije amategeko n’amabwiriza mashya ashobora guhabwa ibihano birimo no gucibwa amande angera ku mapawundi y’Ubwongereza 500, asaga ibihumbi 500 by’Amafaranga y’u Rwanda.
Muri iki cyemezo nta bwo n’ingendo zijyanye n’ubucuruzi zemewe.
Ubwongereza ku wa Gatatu bwashyizeho ingamba nshya zirimo kugabanya ingendo mu mahanga, no kugabanya ibyago byo kwanduzanya COVID-19 harimo gushyiraho uburyo bwo kugenzura iyubahirizwa ry’akato muri hoteli, ndetse no gusaba ko ushaka gukora urugendo abanza gusobanura impamvu y’urwo rugendo.
Itangazo rivuga ko ibindi bijyanye n’iki cyemezo bizatangazwa mu Cyumweru gitaha.

















