Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

UGANDA YASHYIKIRIJE CONGO BAMWE MU BAHOZE MURI M23 BARI BAHAHUNGIYE

Tuesday 26 February 2019
    Yasomwe na

Abahoze ari abarwanyi b’umutwe wa M23 basaga 60 bari bari mu gihugu cya Uganda burijwe indege basubizwa iwabo muri Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo nyuma y’imyaka itanu bahungiye muri iki gihugu nyuma yo gutsindwa ku rugamba n’ingabo za leta ifatanyie n’umutwe udasanzwe wa Monusco.

Biravugwa ko byibuze abahoze ari abarwanyi 57 n’abandi bantu 10 bo mu miryango yabo buririye indege ku Kibu8ga cy’Indege Mpuzamahanga cya Entebbe kuri uyu wa Kabiri, itariki 26 Gashyantare ku isaha ya saa yine.

Ambasaderi wa Repubulika iharanira Demokarasi ya Congo muri Uganda, Jean Pierre Massala na Ambasaderi wa Uganda muri ICGLR, Robert Masolo, nibo bayoboye iki gikorwa cyo gusezera muri Uganda abo barwanyi bahoze muri M23.

Bwana Masolo ati: “Twari tumaze igihe tubumvisha ko badashobora kuba mu buhungiro ubuziraherezo.”

Ni mu gihe ambasaderi wa Congo we yemeza ko abo barwanyi basubiye iwabo ku bushake bwabo nk’uko iyi nkuru dukesha Daily Monitor ikomeza ivuga. bikaba bivugwa ko byibuze abandi bahoze ari abarwanyi ba M23 bagera kuri 200 bakiri mu nkambi ya Bihanga mu Karere ka Ibanda mu burengerazuba bwa Uganda.

Mu 2012, nibwo abarwanyi ba M23 basaga 1,000 bahungiye muri Uganda nyuma yo gutsindwa ku rugamba n’igisirikare cya Congo gifatanyije n’ingabo z’Umuryango w’Abibumbye.
Hari bamwe ngo basubiye iwabo mu ibanga cyangwa abandi bakagenda Uganda imkaze kubashyikiriza Guverinoma ya Congo.

Aba bahoze ari abarwanyi ba M23 bakaba basubiye iwabo nyuma y’uko igihugu kibonye perezida mushya, Felix Tshisekedi warahiye ku itariki 24 Mutarama, akaba ari we perezida wa mbere iki gihugu cyari kibonye binyuze mu nzira ya demokarasi.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru