Monday . 2 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more
  • 23 February » Abantu babiri bishwe n’impanuka ku munsi wa mbere wa Tour du Rwanda – read more

UMUTINGITO WISHE ABANTU 600 MURI AFGHANISTAN

Monday 1 September 2025
    Yasomwe na

Abantu nibura 600 nibo byamaze kumenyekana ko bahitanywe n’umutingito udasanzwe waraye wibasiye ibice by’uburasirazuba bwa Afghanistan nkuko byemejwe na Minisiteri y’Umutekano muri icyo gihugu.

Uyu mutingito bivugwa ko wabereye mu bujyakuzimu bureshya na Kilometero 8 wanagize ingaruka zikomeye ku murwa mukuru wa Pakistan; Islamabad ndetse n’uwa Afghanistan Kabul.


Imitingito ikomeje kwibasira Afghanistan ikanahitana abantu benshi

Nubwo abantu basaga 600 aribo bamaze kumenyekana nk’abahitanywe nuyu mutingito abagera kuri 1300 byamenyekanye ko aribo bakomeretse ndetse abenshi bakaba bari mu bitaro mu bice bitandukanye byo muri icyo gihugu.

Mu bice bigoye kugeramo bya Afghanistan niho uyu mutingito wagize ingaruka zihambaye kuko binagoye kumenya umubare wa nyawo w’abagwiriwe n’amazu bagifatiwe mu bice by’inkuta zabagwiriye.


Agace ka KUNAR kibasiwe cyane niyi mitingito (Foto: BBC)

Uyu mutingito wari ku kigero cya 6.0 Magnitude nkuko byemejwe n’abashakashatsi, ukaba wibasiwe cyane mu bice bya Kunar binaturanye cyane n’umupaka na Pakistan.

Si ubwa mbere Afghanistan ihuye n’imitingito ihambaye kuko mu myaka ishize intara za Kunar na Nangarhar zaribasiwe cyane bitewe n’imiterere yazo y’imisozi kandi abantu batuye mu buryo bushyira abahatuye mu kaga.

Mu myaka ibiri ishize imitingito imaze guhitana abantu barenga 2000 muri Afghanistan mu ntara za Herat na Paktika.

Chadadi Habimana

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru