Mutungirehe Samuel
Umugore wo muri Afurika y’Epfo Naledi Manyoni yafunze umwuka yemera kujugunya umwana we hasi muri ubwo yari hejuru mu nyubako ndende yarimo gushya itwitswe n’abigaragambya kubera Jacob Zuma.
Ni ikemezo uyu mubyeyi yafashe nk’uko yabitangaje mu buhamya yatanze, amujugunyira abantu atazi, wenda bashoboraga no kuba ari bo batwitse uwo muturirwa, ariko byose abikora agira ngo adashyana n’umwana we akamubona amupfiraho nyarama wenda ageze hasi atapfa akazarokoka.
Ni mu nyubako iri ku nyanja, mu Mujyi wa Durban muri Afurika y’epfo, yabwiye BBC ukuntu ashimira abarokoye umwana we w’umukobwa, uzuzuza imyaka ibiri mu kwezi gutaha.
Naledi Manyoni, w’imyaka 26, yagize ati: "Icyo nashoboraga gukora cyonyine kwari ukwizera abantu ntazi na busa". Yongeyeho ko ubu we n’umwana we bameze neza.
Inyubako bari barimo yakongejwe n’abasahuraga.
Imidugararo yatewe n’ifungwa rya Jacob Zuma wahoze ari Perezida w’iki gihugu.

















