Thursday . 19 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Umugabo yisanze yararongoye imfura ye

Tuesday 25 September 2018
    Yasomwe na

Yanditwe na Mukahirwa Olive

Mu gihugu cya Benin, umugabo w’imyaka 51 utuye mu mujyi wa Sehoue nyuma y’umwaka abana n’umugore we wa kane yasanze uwo mugore we ari umukobwa we w’imfura.

Ubusanzwe uwo mugabo, mu mujyi atuyemo azwiho gushaka abagore benshi, ku buryo ngo nyuma y’imyaka mike baba bamutegerejeho gushaka umugore mushya uba wiyongera ku bo asanganywe.

Mbere yo gushaka abagore bane babana ubu, hari abakobwa yabanje kubyarana nabo.

Muri abo yabyariye rero harimo umwe bisanze yamubereye nyirabukwe.
Uyu mugabo utatangarijwe amazina yashimanye n’umukobwa wabaga mu mujyi wa Bohicon bemeranya kubana ari umugore we wa kane. Nyina w’uyu mukobwa atuye mu gace ka Adja. Naho uyu mukobwa we yabaga mu mujyi wa Bohicon kwa nyina wabo.

Ubwo abageni bari bagiye kwirega no kumenyana n’umuryango w’umukobwa uwo mugabo yasanze nyirabukwe ari umugore yigeze gutera inda akayihakana mu myaka 20 ishize.

Abageni bagihinguka mu muryango w’umugeni, umugabo yahise amenyana na nyirabukwe “akaba n’umugore we”ariko nyuma yo kubyemeranyaho biherereye bemeranyijwe kubika iri banga hagati yabo.

Hari amakuru nyina w’umugeni yahishuye avuga ko akimenya umukwe we yahise amenya ko ari n’umugabo we akaba na se w’umukobwa yarongoye ariko kuko nta garuriro byari bigifite ahitamo kwicecekera ngo adakomeretsa umukobwa we.

Tubikesha : www.aregialedis.com

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru