Friday . 20 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 16 March » Trump arasaba ibihugu kumufasha kurinda inzira ya Strait of Hormuz – read more
  • 13 March » Donald Trump yatangaje ko yashimishijwe no kwica abayobozi ba Iran – read more
  • 12 March » Inkangu zahitanye abantu 60 muri Ethiopia – read more
  • 11 March » U Rwanda rwitabiriye PISA 2025 mu rwego rwo kunoza ireme ry’uburezi, ntabwo ari amarushanwa – read more
  • 11 March » M23 yemeje ko FARDC yarashe muri Goma – read more

Umugi Goma ugiye kurindwa ku kiguzi icyo ari cyo cyose

Tuesday 6 February 2024
    Yasomwe na

Nyuma yuko Abarwanyi b’Umutwe wa M23 bigaruriye ibice binini bya Kivu y’Amajyaruguru bakahota inzira zose zishyira Umujyi wa Goma, Leta ya Congo yashese igiciro icyo ari cyo cyose cyakoreshwa mu kurinda ko wafatwa.

Umujyi wa Goma ifatwa nk’umutima w’Ubucuruzi na politiki mu Burasirazuba bwa Congo bitewe n’imirimo inyuranye iwukorerwamo akenshi ifite aho ihuriye n’abafite izindi nyungu ku butaka bw’iki gihugu zirimo n’iziva mu mitungo kamere gikungahayeho, hagafatwa nk’inzira ibigeza kuri bene byo.

M23 rero kwambura ingabo za Leta n’abambari bazo intwaro n’ibice byinshi muri Kivu ya Ruguru, no kugota Goma byateranyije igitaraganya inama nkuru y’umutekano yayobowe na Perezida Tshisekedi, hafatwa ingamba zo kurinda umujyi wa Goma ku kiguzi icyo ari cyo cyose.

Asohotse muri iyo nama, Minisitiri w’ingabo, muri iki gihugu, Jean Pierre Bemba, yatangaje ko “ibintu byose byateguwe kugira ngo umujyi wa #Goma udafatwa”.

Ibyo arabivuga gutyo nubwo hari amakuru avugwa ko uyu mujyi wamaze kugotwa ku gice cyose cy’ubutaka n’umuhanda mukuru wari usigaye ugezayo ibicuruzwa byinshi ukaba ugenzurwa n’umutwe wa M23.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru