Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi woroheje icyemezo wari warafashe cyo guhagarika burundu kugurisha imodoka nshya zikoresha lisansi na mazutu guhera mu mwaka wa 2035. Ibi byabaye nyuma y’igitutu cyaturutse ku nganda zikora imodoka, zivuga ko zihura n’ibibazo bikomeye birimo gutakaza imirimo, gufunga inganda no guhangana n’ipiganwa rikomeye ku isoko mpuzamahanga, cyane cyane riturutse mu Bushinwa.
Mu cyemezo gishya, abakora imodoka bazemererwa gukomeza kugurisha umubare muto w’imodoka bavuga ko zigira uruhare mu iyangizwa ry’ ikirere nyuma ya 2035, ariko bagomba kubanza kwishyura cyangwa kuringaniza umwotsi wangiza (carbon emissions) binyuze mu byiswe carbon credits. Icyemezo cya mbere cyafashwe mu 2023 cyasabaga ko imodoka nshya zose zigurishwa guhera mu 2035 zigomba kuba zidatanga imyuka ihumanya (zero-emission).
Komiseri wa EU ushinzwe inganda, Stéphane Séjourné, yavuze ko EU itaretse intego zayo zo kurengera ikirere, ahubwo ko iyi gahunda ari idohora rigenewe inganda z’imodoka zo mu Burayi.
Komisiyo y’i Burayi yahisemo inzira ifatika kandi ihuje n’intego zayo zo kurengera ikirere.
Iki cyemezo cyafashwe nyuma y’amezi menshi y’igitutu cyaturutse ku bakora imodoka no kuri guverinoma zimwe na zimwe za EU, ziyobowe n’u Budage. Bavugaga ko ihinduka riva ku modoka zisanzwe rijya ku z’amashanyarazi rigenda buhoro, kandi ko ibi byatuma u Burayi busigara inyuma mu ipiganwa n’u Bushinwa.
Imibare igaragaza ko imodoka z’amashanyarazi zari 16% gusa by’imodoka nshya zagurishijwe mu mezi icyenda ya mbere ya 2025.
Inganda z’imodoka z’i Burayi ziha akazi abantu hafi miliyoni 14, kandi zigira uruhare rungana na 7% by’ubukungu bwa EU. Abakora imodoka bavuze ko igiciro cyo gukora imodoka z’amashanyarazi kiri hejuru, kandi ko ibikorwaremezo byo kuzikoresha (nk’insinga zo kuzongerera amashanyarazi) bidahagije, bigatuma abantu batihutira kuzigura.
Chancellor w’u Budage, Friedrich Merz, yashimye iki cyemezo, avuga ko gutanga ubwisanzure ku ikoranabuhanga no guhinduka bihagije ari intambwe nziza.
Ubufaransa ntibwishimiye uyu mwanzuro kandi bwatangaje ko buzagerageza kubihagarika igihe icyemezo kizashyikirizwa ibihugu bigize EU.





















