Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bufaransa ku wa Gatatu rwemeje burundu igihano cyahawe wahoze ari Perezida Nicolas Sarkozy, cy’uko yasohoye amafaranga mu buryo bunyuranyije n’amategeko mu bukangurambaga bwo kwiyamamaza mu matora yo mu 2012. Ni imyanzuro ikomeje gukomeretsa izina rye mu murage wa politiki ya Sarkozy, umaze igihe wugarijwe n’ibibazo by’ubutabera.
Iki cyemezo kije gikurikira urubanza rundi ruherutse kumushyira mu mateka nk’umuperezida wa mbere w’u Bufaransa nyuma y’Intambara ya II y’Isi ugeze muri gereza, nyuma yo guhamwa n’ibyaha bya ruswa no gukoresha nabi ububasha mu yindi dosiye itandukanye.
Mu rubanza rwo mu 2012, Sarkozy yasabiwe igifungo cy’umwaka umwe n’igice cyo gufungwa mu rugo n’igice gisubitse nyuma yo guhamwa no kurenga ku bipimo by’amafaranga yakoreshejwe mu bikorwa by’amatora. Urukiko rwemeje ko yakomeje kwemera ibikorwa byo kwiyamamaza ko byagiye bishyirwamo amafaranga menshi n’ubwo yaburirwaga ko amafaranga yakoreshwaga yari amaze kurenga imbibi zemewe n’amategeko.
Sarkozy yakomeje guhakana ibyo aregwa, avuga ko yashinjwe amakosa y’imicungire y’imari atazi kandi nta ruhare mu migendekere mibi mu bikorwa byo kwiyamamza mu matora. Abanyamategeko be bavuze ko bashobora gutanga ikirego mu Rukiko rw’u Burayi rw’Uburenganzira bwa Muntu, nubwo bene ibyo birego bikunze gutsindwa.
Iyi myanzuro mishya ishobora guhitana burundu amahirwe yose yo kongera kugaruka muri politiki, ikongera kotsa igitutu isura ye mu ruhando mpuzamahanga no mu baturage b’Abafaransa.
Abashinjacyaha bavuze ko Sarkozy yakoresheje miliyoni 43 z’amayero (asaga miliyoni 50 z’amadolari) mu kwiyamamaza kwa 2012, arenga hafi kabiri ingano yemewe ya miliyoni 22.5 z’amayero.























