Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko kuri uyu wa Gatandatu igiye gusubukura ubukangurambaga bwo gukingira icyorezo cya COVID-19 mu gihugu hose, hatangwa urukingo rwa Kabiri ku bahawe urwa OXFORD-Astra Zeneca.
Ni gahunda isubukuwe nyuma yo kwakira izindi nkingo z’ubwo bwoko 247,000 zirimo izingana na 117 600 zatanzwe na Perezida Macro uherutse mu Rwanda ku wa Kane tariki ya 27 Gicurasi 2021.
Usibye izo zazanywe na Perezida Macro, u Rwanda rwatangaje ko izindi rwazibonye binyuze muri gahunda ihuriweho n’ibihugu byinshi ku isi, COVAX.
Minisitiri w’Ubuzima Dr. Ngamije Daniel, yatangaje ko u Rwanda rushimira byimazeyo Guverinoma y’Ubufaransa n’abandi bafatanyabikorwa batumye izo nkingo zoboneka.
Yakomeje agira ati "Turatangira byihuse gutanga urukingo rwa Kabiri rwa Astra Zeneca.Dukomeje kuganira n’abaterankunga batandukanye kugira ngo tubone inkingo nyinshi kugira ngo dukingire Abanyarwanda benshi bashoboka kugira ngo dutsinde iki cyorezo."
Inkingo za Kabiri za Astra Zeneka zatangiye kugezwa mu bigo nderabuzima hirya no hino mu gihugu hose.
Kugeza ubu mu Rwanda habarurwa abagera ku 350 400 bahawe inkingo za COVID-19 uko ziri mu moko abiri yatanzwe mu Rwanda.

















