Urwego rw’Igihugu rushinzwe abinjira n’abasohoka mu Rwanda, Immigration, rwatangaje ko rwatangaje ko kuva mu 2019 kugeza mu uyu munsi abanyamahanga 940 bamaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda mu gihe abagera ku 150 bagitegereje igisubizo ku busabe bwo guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda.
Ku itariki ya 3 Gashyantare 2021 Inama y’Abaminisitiri iherutse guterana yemeje ko abantu 5 bahabwa ubwenegihugu bamaze gusuzumwa iyubahirizwa ry’ingingo zigize itegeko ryo guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda ku munyamahanga.
Leta y’u Rwanda irimo kuvugurura itegeko ngenga rigena ubwenegihugu nyarwanda; mu cyumweru gishize inteko ishinga amategeko umutwe wa sena yemeje ishingiro ry’umushinga w’iryo tegeko.
Iri tegeko nirisohoka ryitezweho koroshya uburyo bwo gusaba ubwenegihugu nyarwanda bw’inkomoko, aho kugeza ubu busabwa kandi bukemezwa n’Inama y’Abaminisitiri.
Niruemezwa rizongera impamvu zishingirwaho mu gusaba no gutanga ubwenegihugu aho abanyamahanga bafitiye igihugu akamaro hatitawe ku kigero k’imyaka itanu bakagombye kuba bamaze mu Rwanda bazajya bahabwa ubwo bwenegihugu.
Kugeza ubu amategeko y’u Rwanda aha ububasha umwanditsi w’irangamimerere bwo kwandika mu gitabo k’irangamimerere umunyamahanga wahawe ubenegihugu nyarwanda amaze kubimenyeshwa n’urwego rushinzwe gutanga ubwenegihugu nyarwanda.

















