Mutungirehe Samuel
Ikigo k’igihigu Cy’Ubwiteganyirize RSSB, cyatangaje ko 44% by’abanyamuryango ba mituweli ari bo bamaze gutanga umusanzu w’umwaka wa 2021/2022.
Umubare munini w’Abanyarwanda ni uw’abivuza bakoresheje ubwisungane mu kwivuza bwa mituweli bakaba buri mwaka basabwa kwishyura umusanzu ihuye n’umubare w’abagize umuryango.
Gusa kuva umwaka ushize RSSB yemereye abanyamuryango ba mituweli ko usibye kuba wemererwa kwivuza ari uko hishyuwe imisanzu yose y’abagize umuryango binashoboka gutangira kwivuza mu gihe hishyuwe 75% by’umusanzu umuryango usabwa kwishyura ariko nyuma y’amezi atandatu hatarishyurwa indi misanzu isigaye ntibibe bigishoboka.
Kugeza ubu uturere tugize Umujyi wa Kigali ni two tuza mu myanya ya nyuma mu kwishyura ubwisungane bwa mituweli mu gihe kugeza ubu uturere dutatu two mu Majyepfo ari two tuza imbere.
Mu bari kwishyura mituweli harimo abakijujutira ko ikoranabuhanga riri kwifashishwa rigifite ibibazo kuko hari igihe basanga nta huzanzira rituma bamenya ibyiciro by’ubudehe bishyuriraho.
















