Tuesday . 3 March 2026

INKURU ZIGEZWEHO

  • 3 March » ISRAEL YEMEJE IBITERO MURI LIBAN NA IRAN ICYARIMWE – read more
  • 1 March » Gicumbi: Abarwanashyaka ba Green Party basabwe guhangana n’ibiyobyabwenge – read more
  • 24 February » Trump yahakanye inkuru ivuga ko umuyobozi mukuru w’igisirikare cya Amerika arwanya igitero kuri Irani – read more
  • 24 February » Umuhungu wa Robert Mugabe yarezwe icyaha cyo gushaka kwica – read more
  • 23 February » Ubumwe bw’Uburayi (EU) yatangaje ko itazemera izamurwa ry’imisoro ku bicuruzwa byoherezwa muri Amerika nyuma y’icyemezo cy’Urukiko rw’Ikirenga – read more

Amafoto: Kabuga yitabye ubushinjacyaha acungiwe umutekano bikomeye

Wednesday 20 May 2020
    Yasomwe na

By Imfurayabo Pierre

Nyuma y’iminsi itatu afatiwe mu Bufaransa, Ku wa Kabiri tariki 19 Gicurasi 2020, Kabuga Felicien yitabye Ubushinjacyaha bwa Paris. Uyu mugabo wari umaze imyaka 26 yihishe ubutabera yaherekejwe mu Bushinjacyaha Bukuru acungiwe umutekano ku rwego rwo hejuru.

Ni intambwe ya mbere ku rubanza rw’uyu munyemari ukekwaho kuba umuterankunga ukomeye wa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.

Biteganyijwe kuri uyu wa Gatatu Kabuga ashobora kuza kugaragara mu Rukiko rwa Paris, ariko umwunganizi we mu mategeko Me Emmanuel Altit, we yasabye ko umukiriya we yazagezwa mu rukiko ku wa gatatu w’icyumweru gitaha, hakazaba ari tariki ya 27 Gicurasi 2020.

Urukiko ruzaba rufite iminsi 15 yo guha agaciro impapuro zo guta muri yombi Kabuga, zashyizweho n’Urwego rwasimbuye icyahoze ari Urukiko Mpuzamahanga Mpanabyaha rwashyiriweho u Rwanda (ICTR).

Umushinjacyaha yamumenyesheje ibijyanye n’impapuro zimuta muri yombi zatanzwe n’urwo rwgo. Urukiko na rwo rugomba kuzamumenyesha ibyo aregwa, nyuma mu gihe cy’iminsi umunani abacamanza bakazatangira gukurikirana ikirego cye.

Amabwiriza ateganyako umuntu wahunze ubutabera mpuzamahanga mu gihe cy’imyaka 26 agomba koherezwa i La Haye mu Buholandi, agacibwa urubanza n’urwego rwatanze impapuro zo kumuta muri yombi (IRMCT).

Bivuze rero ko urubanza rwe rushobora kuzabera i La Haye cyangwa se i Arusha muri Tanzaniya.

feature-top
feature-top

Any message or comments?

pre-moderation

This forum is pre-moderated: your contribution will only appear after being validated by an admin.

Who are you?
Log in
Your post

To create paragraphs, just leave blank lines.

Iyandikishe ujye ubona Amakuru

Iyandikishe ujye ubona Amakuru